Edit Template

Abafite ubumuga bw’ingingo barasaba Leta ko insimburangingo zashyirwa muri Mituel

Home - Blog Detail

Mu Bitaro bya HVP Gatagara biherereye i Nyanza, bizwi cyane mu gusubiza mu buzima busanzwe abafite ubumuga bw’ingingo, abarwayi baravuga ko uburyo bw’ubuvuzi bubasigaje inyuma.

Nubwo ibitaro bizwiho gutanga ubuvuzi bwihariye burimo imyitozo ngororamubiri, ingingo zihimbano (prothèses) n’ibikoresho bifasha amagufwa (orthopédiques), abarwayi bavuga ko serivisi zihenze cyane bityo zitagerwaho n’abakene.

Ikibazo nyamukuru, nk’uko babisobanura, si ukutagira abaganga cyangwa ibikoresho, ahubwo ni icyuho kiri mu bwisungane mu kwivuza (Mutuel de Santé), kuko butishyurira izi serivisi z’ingenzi bakenera.

Marie Jeanne Nyirandayisaba, ukoresha imidodo nyuma yo kwivuza amagufwa, avuga ko hari benshi basubizwa mu rugo batarakira neza. Agira ati: “Baguha iminsi nka 20 y’imyitozo ngororamubiri, nyuma bakakubwira guhagarika niba utabashije kwishyura andi masomo hari abataha badakize.”

Yongeraho ko ingingo mpimbano n’ibikoresho byunganira ingingo bihenze cyane ku buryo bitabonerwa n’ubwisungane. “Mutuel irafasha ku bindi bice, ariko hano amafaranga ni menshi cyane. Ikindi, prothèses ntizishyurirwa na Mutuel. Leta ikwiye kudufasha rwose kuri iki kibazo.”

Isaac Rukundo, uyobora ishami ry’ingingo mpimbano n’ibikoresho by’ingingo i Gatagara, avuga ko kutagira ubwishingizi bubishyurira ari cyo kibazo gikomeye bahura nacyo. “Birababaje kubona umurwayi asohorwa atarakira, iyo agiye mu rugo nta bushobozi bwo gukomeza kwivuza afite, uburwayi bwe burushaho gukomera bigatuma bisa n’aho nta buvuzi yigeze ahabwa.”

Rukundo ashimangira ko ikibazo kireba igihugu cyose, atari abarwayi gusa. “Iyo umuntu akize agashobora kugenda, gukora, no gufasha umuryango we, igihugu cyose kirunguka. Ariko iyo basigaye mu rugo batabasha kwishyura prothèses cyangwa imyitozo, igihugu cyose kiba gihombye.”

U Rwanda rukomeje kwagura gahunda y’ubwisungane mu kwivuza ku baturage bose, ariko abaharanira uburenganzira bw’abafite ubumuga bavuga ko serivisi zihariye zigomba na zo gushyirwa muri gahunda. Ubundi bivugwa ko ubuvuzi bungana ku Banyarwanda bose ariko bukomeje kuba inzozi gusa ku bafite ubumuga.

I Gatagara aho icyizere gihura n’imbogamizi, abarwayi bategereje byinshi ubuvuzi kuruta ubutabera, ikindi kandi abivuriza muri ibi bitaro n’abahakora bavuga ko aribyo bitaro bifite inyubako zishaje kurusha izindi, mu Rwanda kuko zubatswe mu 1960.

@imagereporternews.rw/ Nzeyimana Viateur 

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Recent Posts

  • All Post
  • Amakuru
  • Barashoboye
  • FEATURED
  • Health
  • Magazine
  • News
  • Politics
  • Sports
  • Ubukungu
  • Ubuzima

DID YOU KNOW?

“Disability is not inability — it is diversity that deserves recognition and respect.”

Categories

Rwanda Organization of Journalists Advocating for Persons with Disabilities

Quick Links

About Us

Services

Appointment

Blog

Contact

Useful Links

Privacy Policy

Terms and Conditions

Disclaimer

Support

FAQ

Work Hours

Greatest properly off ham exercise all. Unsatiable invitation its possession nor off.

© 2026 ROJAPED Rwanda – Web Designed by Belie.Africa