AmakuruFEATURED

Umuryango Rojaped uri guhugura abanyamakuru ku gutara inkuru ku bantu bafite ubumuga

Kuri uyu wa Kabiri  tariki 12 Kanama 2025, nibwo Umuryango w’Abanyamakuru  bakora ubuvugizi ku bantu  bafite ubumuga n’abanyantege nke,Rojaped, watangiye  guhugura abanyamakuru ku gutara  no gutangaza inkuru ku bantu bafite ubumuga.

Ni amahugurwa  yateguwe ku bufatanye bwa FOJO Media Institute, aho  hagamijwe  kongerera abanyamakuru ubumenyi  ku bijyanye no kumenya imyitwarire igomba kubaranga ndetse n’uburyo  batara  ndetse bakanatangaza  inkuru ku bantu  bafite ubumuga  no kubaha umwanya.

Mu bayobozi batandukanye bafashe  ijambo mu itangizwa ry’aya mahugurwa azasozwa ku  wa Kane tariki 14 Kanama 2025, bagarutse ku kamaro kayo.

Bukebuke Aimable uyobora Rojaped, yashimiye  FOJO Media Institute ku  bufatanye  buzatanga umusaruro ndetse abafite ubumuga bagahabwa  umwanya mu itangazamakuru, hatarwa inkuru  kuri bo no ku bikorwa byayo.

Uhagarariye FOJO Media Institute, Jonas Nyman, yavuze ko isanzwe ikorana na Kaminuza y’u Rwanda mu ishyami ry’Itangazamakuru  ari nawo mujyo wo gukorana na Rojaped-Solidarity mu rwego rwo guhugura abanyamakuru  kugira ngo n’abafite ubumuga   bahabwe  umwanya.

Jean Bosco Rushingabigwi, umuyobozi w’ishami rishinzwe guhuza ibikorwa by’itangazamakuru mu Rwego rw’Igihugu rw’imiyoborere (RGB), yavuze ko  ubuvugizi ku bafite ubumuga ari ingingo irimo amarangamutima menshi, kuko  ugisanga hari  abakizirika abana  kubera ko bafite ubumuga.

Ati’’Gutara inkuru  nk’iyo bizamura amarangamutima cyane, ku buryo kubihuza n’ubunyamwuga  bikomeye, ese witandukanya n’inkuru gute?. Mugomba no kumenya ngo bisana iki cy’umwihariko kuri wowe no ku bitangazamakuru’’.

Akomeza avuga ko  kugirango  uzamenye ibibazo by’abafite  ubumuga muri Sosiyete bisaba umwanya  ndetse  n’imbaraga.

Umukozi wa FOJO Institute , yishimiye ubufatanye na Rojaped

Jonas Nyman ukorera  FOJO yishimiye ubufatanye na Rojaped

Abanyamakuru  bitabiriye aya mahugurwa  y’iminsi 3 arimo kubera mu Karere ka Musanze, bashimangiye ko uyu ariwo mwanya wo  kunguka ubumenyi ndetse no kumenya imyitwarire  igomba kubaranga haba no mu mvugo, igihe batara no gutangaza  inkuru ku bantu bafite  ubumuga.

 

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *